Ingurube iyoborwa n’abashumba bo mu Ngeyo

Rutihunza inzarwe y’isayo,

Ingurube zahanitse imirizo,

Rwa muturaga ku bijumba,

Ni igikoroto cyo mu bikoko,

5   Igira ibikobokobo by’ubukombe,

Ikizihirwa isanga ibishanga,

Ikizimba aho inzarwe iganje

Ikahavurunga ijabo rikahava,

Ikahacundagura bitaravugwa,

10    Ikahavogereza ingurube nto,

Ikahatengagura cyane

Ngo iz’imicanda zihace,

Ikahacogoza ihaconshoma,

Ikahahindura amacamba,

15    Ikahavura kuba isayo,

Ikaharyama humutse,

Wayibyutsa ntibyumve;

Wayikoraho uyegereye,

Ikagusigaho icyondo,

20    Ikagukwiza icyagane;

Yakureba igitsure,

Ukirinda kuyicyura,

Aho ishakiye gutaha,

Ukayikurikira iyo nyumba,

25    Ukayireba uko yateruye;

Ukayikunda mu ngendo,

Ntijorwe mu ibondo,

Ukirinda aho yaciye,

Ko hanuka bibi cyane!

30    Wayireba itambuka,

Ukayirata kuba itungo

Wayikebukamo imihore,

Ukayihongera ibijumba.

Uko yatendeje izuru,

35    Ku iherezo ry’umutonzi,

Ni ko itengura ibivuvu;

Iyo rwarika-mavubi,

Ikabihoroba ikabihwanya,

Ikabivunja ikabivuruga.

40    Aho isohokeye ngo urebe,

Ukayikeka kuba imvuzo,

Ari ukwuzuraho ivu.

Ubwo iteye mu nyambo,

Z’Umutware w’Uruyange,

45    Yinyuriye ku irembo,

Bikanga rwabwiga!

Ingeyo zose zirakubana,

N’abashumba barabyuka,

Barahamuka, barahuruza;

50    Imyinjiro yo ikaba itanu:

Bayihimbyamo amakome!

Ubwo ibiruru birahanika,

Inzamururo zirahoga!

Uwarusazanye muri bo,

55    Yirata kuyitsirika,

Amagambo arayacurika,

Ayibwira amateshwa!

Ngo Umurizo urawushyire irya,

Na yo amaso uyampange!

60    Wikwigira hirya:

Gumya usange ibiraro!

Mu buryamo nihakonje,

Mu ijanja nihashyuhe!

Ntutinde mu igenda

65    Gira uguruke ay’intashya!

Avugishwa ijoro ryose!

Ngo burakeye barareba

Iyo ntamati ibugarije:

Yegereye imyugariro

70    Iraharyama harazibama.

Bayitura izimano

Umutware yohereje:

Icyo gitebo cy’ibijumba,

Ngo ikirabukwe ku rukinga,

75    Iragisanga igihugiraho,

Buguruye ziraturuka!

Umutware w’Uruyange

Yemera ko mu nyambo,

Z’Umwami nyiri u Rwanda

80    Bayirabukira ibitebo

Bakayoboka ikabatwara

“Indyohesha-birayi!